Bruce Melody na Shaddy Boo batawe muri yombi

Amakuru aturuka muri Polisi y’Igihugu avuga ko umuhanzi Bruce Melodie na Uwimbabazi Shadia uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Shaddy Boo, batawe muri yombi bashinjwa kurenga ku mabwiriza yo kurwanya Coronavirus no gukwiza urusaku.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yemeje aya makuru y’uko aba bombi bakurikiranyweho kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus no kwirinda gukwirakwiza urusaku. Yagize ati “Barafunze kubera ibintu byo gucuranga bagasakuriza abaturanyi n’ibintu byo kujya kunywa inzoga muri ibi bihe bakanarenza amasaha yagenwe. Aba bombi bari bagiye gusura uwitwa Rwema, baracuranga basakuriza abaturanyi”.

Bruce Melodie na Shaddy Boo, batawe muri yombi mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru ari na wo munsi Shaddy Boo yari yanditse ku rukuta rwe rwa Twitter avuga ko Polisi yagiye gusaka urugo rwe n’ubwo byatangiye ahise asiba ubwo butumwa nta kanya gashize.

Igikomeje gutangaza abantu, ni ubutumwa bwa Shaddy Boo buri guca ku mbuga nkoranyambaga ze buhakana iby’ifungwa rye guhera ku mugoroba w’ejo. Atagira ati”Aya makuru ni ibihuha”.

Mu Rwanda,ibyamamare byiganjemo abahanzi, ni bamwe mu bantu bakomeje kugongana n’amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya coronavirus dore ko n’umuhanzikazi Marina yaherukaga gufatwa akurikiranyweho amakosa nk’aya.

Kuri Twitter na IG Shaddy Boo avuguruza ibyo ibitangazamakuru bivuga ko afunze

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *