img_20241130_184324__1000_x_600_pixel_.jpg

Bugesera FC yatsinze Muhazi United FC Haringingo akeza rutahizamu watanze ibitego bibiri

Umukino w’umunsi wa 10 wa shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda wahuzaga ikipe ya Muhazi United yatsindiwe kuri stade ya Ngoma na Bugesera FC ibitego 2 kubusa .

Muri uwo mukino wakurikiwe n’abafana bake ,ikipe ya Muhazi United yarushije iya Bugesera FC

Igice cya Mbere cyarangiye ikipe ya Bugesera FC itsinze abaturanyi babo bo mu karere ka Rwamagana ibitego 2 ku busa .

Mu gice cya Kabiri, Bugesera FC yarushije Muhazi United ndetse ibona igitego cya Kabiri nyuma y’iminota itatu, umusifuzi yanze igitego cyayo kitavuzweho rumwe dore ko rutahizamu wayo yari yamaze kunyeganyeza inshundura umusifuzi akavuga ko yari yarariye mu gihe abafana batabyemeraga .

Nyuma y’umukino , umutoza wa Bugesera FC, Haringingo Francis Christian aganira na BWIZA,yavuze ko umukino bakinnyemo na APR FC, abakinnyi bakinnye neza bituma bigirira icyizere banabasha gutsinda umukino .

Yanavuze ko umukinnyi Umar Abba wamutsindiye ibitego bibiri amaze kumenyerana na bagenzi be kuko yaguzwe na Bugesera FC mu minsi ya nyuma yo kugura abakinnyi .
Umutoza Haringingo Yanavuze ko rutahizamu Umar Abba ari rutahizamu uzafasha Bugesera kugira umwanya mwiza muri shampiyona.

Umutoza wa Muhazi United, Ruremesha Emmanuel,mu kiganiro yagiranye na BWIZA yavuze ko abakinnyi batabyaje umusaruro amahirwe babonye,yanavuze ko kuba capiteni w’ikipe atoza yaravunitse ndetse na myugariro ukomoka muri Cameroun witwa Yvan Dikoume Marcel utari wemerewe gukina uwo mukino byatumye agira icyuho bituma Bugesera imusatira cyane inamutsinda ibitego bibiri kubusa .

img_20241130_184324__1000_x_600_pixel_.jpg
Rutahizamu Umar Abba yatsinze ibitego 2 muri mukino wa Muhazi United agira ibitego 3 muri shampiyona.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *