Inyeshyamba za M23 zakomeje kwegera imbere mu cyumweru gishize mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo zifata umujyi wa kabiri munini waho, mu gihe ingabo za guverinoma n’abafatanyabikorwa bazo bahisemo guhunga batiriwe barwana.
Gufata no kwigarurira ibice byinshi byo mu burasirazuba bwa Congo bikungahaye ku mabuye y’agaciro byateje impungenge z’intambara yagutse kandi bituma Akanama gashinzwe Umutekano ku Isi gasaba ihagarikwa ry’imirwano kuwa Gatanu.
Umuyobozi wa polisi, Jackson Kamba, yagize ati: “Muzatugarukire mumeze neza kugira ngo twese hamwe dukomeze kubohoza igihugu cyacu.”
Umuyobozi wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko abapolisi 2100 b’Igipolisi cy’Igihugu cya Congo n’abasirikare 890 ba FARDC bagaragaje ku bushake bwabo ko bifuza kujya muri AFC/M23.


