Burkina Faso: Abasirikare bakuru barimo uwabaye perezida birukanwe mu gisirikare

Muri Burkina Faso, abasirikare bakuru benshi, barimo uwahoze ari perezida w’inzibacyuho, Paul-Henri Sandaogo Damiba, birukanwe mu gisirikare n’Umuyobozi uriho muri iki gihe, Captain Ibrahim Traoré, binyuze mu byemezo byinshi byashyizweho umukono ku itariki ya 30 Ukwakira. Aba basirikare baregwa icyaha gifatwa nk’icyaha gikomeye: igitero ku cyubahiro cya gisirikare, cyaranzwe no gushaka gufata intwaro mu kurwanya Leta no kwangiza igisirikare cy’igihugu.

Ni ba officiers cumi na batandatu na ba sous-officiers bafite amapeti atandukanye birukanwe, nk’uko byemejwe n’amabwiriza menshi yashyizweho umukono na Perezida w’Inzibacyuho wa Burkina Faso, Ibrahim Traoré, ku wa Gatatu ushize.

Muri bo harimo Lt. Col. Damiba, wahungiye muri Togo kuva yavanwa ku butegetsi muri Nzeri 2022. Uyu wakuweho na Capt. Ibrahim Traoré arashinjwa “imyitwarire idahwitse ifatwa nk’ikomeye”, irangwa n “ibikorwa by’ubutasi afatanyije n’igihugu cy’amahanga n’abaterabwoba”, hagamijwe kugera ku mugambi wabo wo kurwanya Burkina Faso.

Lt. Col. Evrard Somda, wahoze ari umuyobozi mukuru wa jandarumori y’igihugu, watawe muri yombi mu mezi menshi ashize agafungirwa ahantu hatazwi, nawe ntabwo akiri mu Ngabo za Burkina Faso nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ikomeza ivuga.

Ni nako byagenze kuri Colonel Yves-Didier Bamouni wahoze ayobora ibikorwa mu kurwanya iterabwoba.

Lt. Col. Check Hamza Tidiane Ouattara wahoze ayobora umutwe udasanzwe w’abajandarume b’igihugu, na Komanda Alphonse Zorma wahoze ari umushinjacyaha w’ubutabera bwa gisirikare muri Ouagadougou, na bo bakuwe mu nzego z’ingabo.

Usibye umugambi wo “kurwanya Leta”, barashinjwa, nk’uko aya mabwiriza avugaa, kuba baragize uruhare mu “gufata icyemezo cyo guca intege ingabo cyangwa abaturage” hagamijwe kwangiza isura y’ingabo z’igihugu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *