Burundi: Abandi bacamanza bane bo muri Gitega batawe muri yombi

Abacamanza bane bo mu rukiko rukuru rwa Gitega (umurwa mukuru wa politiki w’u Burundi) batawe muri yombi kuwa Mbere nyuma bajyanwa muri gereza nkuru y’intara. Bose bakurikiranyweho ruswa.

Aba ni Damien Manirakiza, perezida w’urukiko rukuru rwa Gitega, ndetse n’abandi bacamanza batatu bo mu rukiko rumwe, aribo; Tharcisse Ndikumasabo, Abel Sindayirwanira na Claude Nshimirimana.

Icyemezo cyo kubata muri yombi kigaragaza ko bakurikiranyweho ibyaha bya ruswa nk’uko iyi nkuru dukesha SOS Media Burundi ivuga.

Nyuma yo kubazwa ku biro by’ubushinjacyaha bukuru mu rukiko rw’ubujurire rwa Gitega, abacamanza uko ari bane bahise bajyanwa aho bafungiye muri iki gihe muri Gereza Nkuru ya Gitega kuri uyu wa Mbere ushize ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Mu mpera za Kanama, abandi bacamanza barindwi bo mu rukiko rw’ubujurire rwa Gitega, abo mu rukiko rwisumbuye rwa Gitega n’umukozi ushinzwe amasuku (planton) mu biro by’ubushinjacyaha, batawe muri yombi barafungwa.

Aba bose na bo baregwa ruswa n’uburiganya.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *