Dr-Sahabo

Burundi: Dr Sahabo wa Kira Hospital yasabiwe imyaka 20 y’igifungo n’ihazabu ya miliyoni 9€

Urubanza rw’uwahoze ari umuyobozi mukuru w’Ibitaro bya Kira, ivuriro rikomeye cyane mu Burundi, mu mpera z’icyumweru gishize rwarapfundikiwe nyuma y’iminsi ibiri ikurikiranye agaragara mu rubanza rwaberaga muri Gereza Nkuru ya Ruyigi (uburasirazuba bwu Burundi) aho afungiwe. Yahakanye icyaha mu gihe ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cy’imyaka 20 n’ihazabu ingana na miliyoni 9 z’amayero. 

Abacamanza bo mu Rukiko rwa Muha mu majyepfo y’umujyi w’ubucuruzi Bujumbura, bashinzwe uru rubanza, bagiye muri Gereza Nkuru ya Ruyigi. Iburanisha ryatangiye ku wa Kane risozwa ku wa Gatanu.

Nk’uko umutangabuhamya abitangaza, ngo uwahoze ari umuyobozi mukuru w’Ibitaro bya Kira yahakanye icyaha kandi yamagana amakosa menshi muri uru rubanza harimo n’ifungwa rye ritemewe iminsi 48 muri kasho y’urwego rw’ubutasi ».

Umushinjacyaha mukuru yashinje cyane uwateje imbere ivuriro rigezweho mu gihugu gito cyo muri Afurika y’Iburasirazuba “imicungire mibi y’ibitaro”. Ariko Dr. Christophe Sahabo yamaganye ibirego avuga ko “bidafite ishingiro”.

Amakuru aturuka muri Gereza Nkuru ya Ruyigi avuga ko ari “umuntu w’intwari ariko ubuzima bwe bukaba bumeze nabi cyane.”

Maître Gustave Niyonzima wunganira Dr Sahabo imbere y’inkiko mpuzamahanga, yanditse ku rubuga rwe rwa X ko abadipolomate benshi bemewe mu Burundi bari bagiye gukurikirana uru rubanza.

Umunyamakuru wo muri SOS Médias Burundi yamenye ko iburanisha ritari mu muhezo ariko ko abaturage bake cyane ari bo bitabiriye.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *