Nyuma yo gutorwa kwa Evariste Ndayishimiye abari bahataniye umwanya w’umukuru w’igihugu n’amashyaka atandukanye ntibavuga rumwe ku byavuye mu matora, abandi bavuga ko gutanga ikirego kwa Agathon Rwasa ari ukwiruhiriza ubusa nkuko bamwe mu barundi babivuga.
Evariste Ndayishimiye watsinze amatora avuga ko amatora yo kuwa 20 Gicurasi yerekanye ko abarundi batakigishwa Demokarasi ko ahubwo bari ku kigero cyo kuyigisha abandi. Ibi yabitangaje nyuma yuko ibyavuye mu matora bitangajwe bikagaragaza ko inshyaka ahagarariye rya CNDD-FDD riri ku butegetsi kuva 2005 ari ryo ryatsinze amatora.
Ishyaka CNL rya Agathon Rwasa ari na ryo ryari rihanganye cyane mu buryo bugaragara na CNDD-FDD ryo ntirikozwa ibyatangajwe na CENI, kuko babona ariryo ryatsinze amatora.
Amashyaka nka UPRONA ryari rihagarariwe na Gaston Sindimwo, icyegera cya mbere cy’umukuru w’igihugu na FRODEBU rya Leonce Ngendakumana yo yishimiye ibyatangajwe na CENI akanifuriza insinzi nziza Evariste Ndayishimiye.
Ku rundi ruhande ariko ishyaka CNL ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryo ntiryemera ibyatangajwe na CENI. Iri shyaka rya Agathon Rwasa, rivuga ko rikurikije ibyavuye mu Ntara n’Amakomine ari ryo ryagombaga gutsinda amatora bityo rikaba risanga ibyatangajwe na CENI ari ibyari byarateguwe.
CNL kandi ivuga ko mu gihe cyo kwiyamamaza abayoboke baryo bahohotewe aho abarenga 300 bafunzwe, abarenga 50 barakomeretswa naho batatu bakaba barishwe kandi ko itotezwa rigikomeje kubakorerwa.
Nkuko bbc ibitangaza umubare munini w’abarundi wishimiye insinzi ya Evariste Ndayishimiye gusa hari n’abandi batabivugaho rumwe.Hari kandi ababona ko Rwasa agomba kwemera imyanzuro y’amatora kuko ntakundi yabigenza. Ibi bigaragazwa n’ibyo abanyapolitike batandukanye batangaza, aho bavuka ko bitewe nuko nta mpamvu zumvikana Rwasa afite bishobora kutagira icyo bitanga mu rukiko.
Uwitwa Faustin Ndayizeye ati “Rwasa inama namugira yihangane, niba yibwe cyangwa atibwe yicecekere. Hanyuma ndizera neza ko abazungu iyi manda bazaza gufasha bizatuma n’amatora ya 2027 bazatanga inkunga izamufasha kuyitwamo neza, naho kuri aya niyihangane kuko aba DD ntibakwemera kumuha ubutegetsi.”
Hari bamwe kandi berekana ko Perezida Nkurunziza ucyuye igihe atayoboraga mu nzira nziza inogeye bose bakaba basaba utowe guhindura umurongo w’ubuyobozi.
Chris Matt ati “ twizere ko uwo watowe ataje gukomereza ku wo asimbuye, niba ari yo gahunda u Bururundi ntaho buvuye ntaho bugiye, byaba byiza ahinduye umurongo wa politike, naho niba na we azanye ibyo mu rusengero iyi myaka 7 iraba imfabusa ku Burundi.”
Mu ibarura ry’amajwi kandi CENI yatangaje by’agateganyo ko Gen. Ndayishimiye yagize amajwi 68.72%, akurikirwa na Agathon Rwasa wa CNL, Gaston Sindimwo wa UPRONA we yagize . Mu gihe Agathon n’ishyaka rye CNL basabwa kuba bitarenze masaha 48, ubwo ni ukugeza ejo kuwa 27/05, rigomba kuba ryagejeje ibirego byaryo mu rukiko rushinzwe kubahiriza itegekonshinga risaba ko ryarenganurwa. ijwi 1.64%.


