Mu gihe intambara yo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) ikomeje, ingaruka zayo ziri kugaragara mu Burundi, cyane cyane mu Ntara za Cankuzo, Muyinga na Ruyigi, ahagaragaye ibikorwa byo gusaka mu nkambi z’impunzi, urujya n’uruza rw’abasirikare rudasanzwe no kwiyongera kw’imvugo zibiba amacakubiri ashingiye ku moko, abahatuye bakaba bafite impungenge z’umutekano wabo.
Muri utu turere, abaturage bagaragaza ko bafite ubwoba ku bijyanye n’uko amakimbirane yiyongera mu gihe amatora yegereje. Baramagana ubukana bwa disikuru zishingiye ku moko, kwiyongera kw’irondo rya nijoro no gutabwa muri yombi binyuranyije n’amategeko.
Imwe mu mpungenge zikomeye zavuye ku isaka ryakorewe mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo, cyane cyane iya Bwagiriza na Nyankanda, ziherereye mu Ntara ya Ruyigi. Izi nkambi, cyane cyane zakira Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, ni zo zongerewemo ibikorwa byo gusaka.
Nk’uko amakuru agera kuri SOS Media Burundi avuga, ngo iri saka ryatewe n’ubwoba bwo kwinjira kw’abarwanyi mu Burundi, bigize impunzi. Aha hamaze gusakwa inshuro ebyiri kuva ukwezi gutangiye, kandi abantu barenga 60 batawe muri yombi.
Ku rundi ruhande, inkambi za Kavumu (Cankuzo) na Gasorwe (Muyinga) ntabwo ziteye amakenga nk’izo muri Ruyigi.
Urujya n’uruza rw’ingabo rudasanzwe
Ikindi kintu gihangayikishije abaturage cyagaragaye muri kariya karere ni urujya n’uruza rw’abasirikare n’imodoka zabo. Amakamyo y’Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) aturuka mu ntara zitandukanye ahurira mu nkambi ya gisirikare ya Mutukura muri Cankuzo mbere yo gukomeza inzira yerekeza muri DRC.
Abatangabuhamya bavuga ko amakamyo arenga mirongo itatu yanyuze muri iki kigo cy’amahugurwa kuva mu ntangiriro za Gashyantare.


