Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yatangaje ko muri iki gihugu hari ubujura bukomeye bw’ibikomoka kuri Peteroli, ku buryo mu minsi ishize hari igitoro gifite agaciro ka Frw miliyari 300 cyaburiwe irengero.
Ndayishimiye yabitangaje ubwo yaganiraga n’abategetsi bo mu Burundi.
Yavuze ko ubujura bw’igitoro bwabayeho bwatumye u Burundi butakaza icyo bwakabaye bukoresha kugeza muri Werurwe uyu mwaka; agaragaza ruswa imaze kumunga iki gihugu nka nyirabayazana.
Ati: “Kuva mukwa kwa 11 k’umwaka ushize twakabaye dufite ubwizigame bw’amezi ane ari imbere, ariko ubu igitoro kiri hehe? Ubwato buraza bukagenda ntabonye igitoro mu bene gihugu. Ibi ni iki? Ni ho nahamagaye Umugenzuzi Mukuru wa Leta, ibyo yanyeretse ni akamaramaza. None ko sitasiyo zose zitanga igitoro zikoresheje ‘application’, kijya he? Mu Burundi ruswa ni umwihariko.”
Lisansi ibarirwa muri litiro miliyoni 12 ari yo yaburiwe irengero mu Burundi, na ho mazutu yabuze ikaba ingana na litiro miliyoni 19. Ni igitoro gifite agaciro k’abarirwa muri Frw miliyari 300.
Ndayishimiye yagaragaje iki kibazo, mu gihe ikibazo cy’ibikomoka kuri peteroli mu Burundi atari gishya.
Ni ikibazo gishobora gukomeza kuremerera Leta y’u Burundi, dore ko uduce two mu burasirazuba bwa RDC igitoro gikoreshwa i Burundi cyaturukagamo kuri ubu tugenzurwa n’umutwe wa M23 urwana n’ingabo za Leta y’i Kinshasa.
Ndayishimiye yanavuze ko bibabaje kubona nta n’igihumbi cy’Amafaranga y’Amarundi igihugu cye kinjiza mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, nyamara gifite ibirombe bitabarika.


