Burundi: Inyeshyamba 6 z’Abanyarwanda zishwe

Ingabo z’u Burundi zishe inyeshyamba 6 z’Abanyarwanda ziba mu mutwe witwaje intwaro wa FLN urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, izindi zikomereka bikomeye.

Imirwano yabereye mu gace ka Kivogero, komini Mabayi mu ntara ya Cibitoke, ahagana mu ishyamba cyimeza rya Kibira mu ijoro ryo kuri uyu wa 3 rishyira uwa 4 Kanama 2023.

Umuturage wo muri Mabayi, avuga kuri iyi mirwano, yatangarije urubuga Ijisho ry’Abanyagihugu ati: “Inyeshyamba z’Abanyarwanda bari basanzwe baza gushaka ibyo kurya muri komini Mabayi, ejo rero abasirikare n’iperereza bamenye amakuru bahita babatera. Intambara yabereye mu gace ka Kivogero. Amasasu twatangiye kuyumva saa tanu n’igice z’ijoro, barasana.”

Urubuga SOS rwatangaje ko ku ruhande rw’ingabo z’u Burundi, hapfuye abasirikare batatu, batandatu barakomereka. Ni amakuru ruvuga ko yemejwe n’inzego z’ubuyobozi muri iki gihugu.

Bivugwa ko izi nyeshyamba z’Abanyarwanda zisanzwe zijya gushakira ibiribwa muri Kivogero, cyane cyane ku munsi w’isoko, ku buryo ngo abaturage basa n’abazimenyereye.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *