Perezida w’u Burundi, Gen. Maj. Evariste Ndayishimiye yahamagariye impunzi z’Abarundi zahunze igihugu gutahuka, kugira ngo zifatanye n’abandi baturage kubaka igihugu, yemeza ko gikeneye abaturage bacyo bose.
Yabitangaje kuri uyu wa kabiri ku wa 30 Kamena, ubwo yagezaga ku banyagihugu ijambo rirebana n’isabukuru y’imyaka 58 u Burundi bumaze bwigobotoye abakoloni.
Abarundi umukuru w’igihugu yahamagariye gutahuka mu gihugu cyabo, ni abagihunze muri 2015 bahunga umwuka mubi watewe n’uko Pierre Nkurunziza yatangaje ko agiye kwiyamamariza manda ya gatatu. Ni manda yatumye mu Burundi havukamo umwuka mubi, kuko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamushinjaga kurenga ku biteganywa n’Itegeko Nshinga, we akavuga ko manda ye ya mbere itabarwa kuko yatowe n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.
Ibyo byatumye mu Burundi haduka imyigaragambyo ikomeye, abaturage barenga ibihumbi 240 barahunga, abatari bake baricwa.
Perezida Ndayishimiye abahamagarira gutahuka, yagize ati: “U Burundi ni icyari cya buri wese. Turahamagarira impunzi zose z’Abarundi kugaruka mu gihugu cyabo. Mu Burundi nta nyagupfa nta nyagukira, u Burundi buradukeneye twese. Amaherezo y’inzira ni mu nzu. Nimutahe iwanyu mukiri Abarundi bazima, kuko inkoko irara mu ishyamba bugacya yahindutse inkware.”
Perezida Ndayishimiye yijeje Abarundi ko agomba kubaka igihugu cyabo, kikagera ku rwego rwo kuba igihugu umuturage abona icyo akeneye cyose, ndetse akagira n’ubushobozi bwo kwihaza ku mafaranga akeneye.
Yavuze kandi ko icyo agomba gushyira imbere ari uguhashya ruswa iri mu byamunze igihugu cy’u Burundi ndetse akashyiraho ingamba zikomeye zo guhangana na yo mu rwego rwo guca ikimenane mu mitangire y’akazi.
Magingo aya u Burundi buri mu bihugu bike bitashyizeho ingamba zikarishye zo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, bigakekwa ko muri iki gihugu hashobora kuba hari abantu benshi banduye icyo cyorezo.
Kuri iyo ngingo, Perezida Ndayishimiye yavuze ko igihe kigeze kugira ngo bahangane n’icyo cyorezo, ngo kuko “Ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka”, kandi “umugabo atinya ingwe ntatinya iyamwinjiranye.”


