Burundi: Umugabo n’umugore we bishwe nabi kubera gukekwaho amarozi

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko umugabo n’umugore we bishwe mu ijoro ryo kuwa Kabiri rishyira kuri uyu wa Gatatu muri Zone ya Rubona, Komini Mugina, mu Ntara ya Cibitoke. Aba biravugwa ko bishwe kubera gukekwaho amarozi mu gihe ababishe bahise babura bataramenyekana.

Iyi nkuru dukesha SOS Medias Burundi ivuga ko aba bantu bishwe ahagana saa tanu z’ijoro. Abakoze ubwicanyi bakoresheje imipanga nk’uko ababibonye bavuga.

Bati “ Hari mu masaha akuze y’ijoro. Abantu batazwi baraje dukeka ko ari irondo (patrouille) ry’abapolisi cyangwa Imbonerakure. Bamennye umuryango binjira mu nzu y’iyi “couple” mbere yo gusohoka nyuma y’iminota micye. Bari bamaze kwica bunyamanswa umukuru w’urugo n’umugore we. Biteye ubwoba.”

Bivugwa ko uyu mugabo n’umugore we baba barishwe kubera gusa gukekwaho kuroga. Inyandiko zitariho imikono ya ba nyirazo zatoraguwe mbere y’uko icyaha gikorwa zateguzaga iyicwa ry’aba bantu.

Kubw’ibyago, ngo nta cyakozwe ngo barindwe ndetse n’abasirikare bafite ibirindiro hafi y’ahabereye ubwicanyi ntabwo batabaye.

Hagati aho, ubuyobozi bwemeje ubu bwicanyi, mu gihe polisi ivuga ko hatangiye iperereza.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *