Butembo: Umupadiri wa Paruwasi ya Maria Mater Dei yapfuye urw’amayobera

Umupadiri wa Paruwasi ya Maria Mater Dei ya Njiapanda muri Diyosezi ya Butembo-Beni, muri Teritwari ya Lubero, ho muri Kivu y’Amajyaruguru, kuri uyu wa Kabiri yasanzwe yapfuye mu cyumba cye.

Amakuru aturuka aho agera kuri ACTU7.CD agaragaza ko uyu mupadiri gatolika nta bubabare yari afite. Ku wa mbere, yagiye mu bikorwa bye bitandukanye nta kibazo.

Impamvu yateye uru rupfu rw’amayobera ntirasobanurwa kabone nubwo iperereza ryafunguwe na serivisi zihariye kugirango hashakwe ukuri kuzatangazwa ku mugaragaro.

Hagati aho, ni abakirisitu kuri iyi paruwasi nshya, imaze kuzuza imyaka itatu, bavuga ko bahungabanijwe n’urupfu rutunguranye rw’umugabo babonaga ko ari umukozi w’umwizerwa.

Amakuru akomeza avuga ko umurambo wa nyakwigendera wavanywe ahabereye ibyago mbere yo kujyanwa mu mujyi wa Butembo aho aza gushyingurwa mu masaha make ari imbere.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *