20250529_144526

Bwa mbere Joseph Kabila yagaragaye mu ruhame kuva yagera i Goma (Amafoto)

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragaye ku nshuro ya mbere ari mu ruhame nyuma yo kugera mu mujyi wa Goma amazemo iminsi.

Ku Cyumweru gishize ni bwo Joseph Kabila yageze mu mujyi wa Goma ugenzurwa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23, nyuma y’igihe kirekire aba muri Afurika y’Epfo, aho yari yarahungiye.

M23 biciye mu muvugizi wayo, Lawrence Kanyuka, yemeje ko kuri uyu wa Kane Kabila yakiriye abanyamadini mu gace ka Kinyogote.

Amafoto Kanyuka yashyize ku rubuga rwe rwa X yerekana uriya munyapolitiki aganira na bo.

Ni bwo bwa mbere Kabila yari agaragaye mu ruhame kuva yava mu buhungiro.

Uyu mugabo yahuye na bariya banyamadini, mu gihe mu gihe amaze i Goma yanagiye ahura n’abandi bantu batandukanye barimo umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa.

 

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *