Kuri uyu wa 2 Kamena 2020 mu ngoro ya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, hateranye Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yigaga ku ngamba zo gukomeza gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 no kuzahura ubukungu bw’igihugu, hafatwa ibyemezo birimo gusubukura ingendo mu ntara zitandukanye n’Umujyi wa Kigali, keretse mu turere twa Rusizi na Rubavu twashyizwe mu kato.
Kujya no kuva mu turere twa Rusizi na Rubavu birabujijwe bitewe n’ibyavuye mu isuzuma ryakozwe n’inzego z’ubuzima mu turere dutandukanye. Nk’uko byatangajwe tariki ya 31 Gicurasi 2020, mu Karere ka Rusizi habonetse abarwayi 5 ba Covid-19 kuri uwo munsi, ndetse ku wakurikiyeho ngo hashobora kuba harabonetseyo abandi.
Abemerewe gukomeza imirimo n’ibindi bikorwa bitandukanye, barasabwa gukomeza gukurikiza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, arimo: kwambara agapfukamunwa, kugira isuku, gukaraba intoki kenshi no guhana intera ihagije hagati y’umuntu n’undi.
Iyi nama ibaye yari yitezweho ibi bisubizo byari gusubukurwa tariki ya 1 Kamena ariko itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe rikabivuguruza, nyuma y’isuzuma ryari rimaze gukorwa, mu Karere ka Rusizi hagaragaye abarwayi b’iki cyorezo batanu nk’uko byahishuye.
Inama y’Abaminisitiri nk’iyi yaherukaga kuba tariki ya 18 Gicurasi 2020. Biteganyijwe ko indi izaterana ishyiraho ingamba nshya zo kwirinda Covid-19, zizunganira cyangwa zigasimbura izi zashyizweho, ziramara iminsi 15.







