CAF

CAF yatangaje Visa z’ubuntu ku bafana bazitabira AFCON 2025 muri Maroc

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), ku bufatanye n’Itsinda Ritegura AFCON 2025 muri Maroc, yatangaje ko abafana bazajya gushyigikira irushanwa bazahabwa visa z’ikoranabuhanga ku buntu.

Ibi byatangajwe ku wa Gatanu binyuze ku rubuga rwa CAF, aho hagaragajwe ko abaturage b’ibihugu bisanzwe bisaba visa kugira ngo binjire muri Maroc bazungukira muri iyi gahunda nshya.

CAF ivuga ko visa zikoreshwa hakoreshejwe ikoranabuhanga (e-visas) zishobora kuboneka binyuze muri YALLA App, kandi ubu ziratangwa ku buntu ku bafana bazitabira imikino izaba kuva ku wa 21 Ukuboza 2025 kugeza ku wa 18 Mutarama 2026.

Uretse visa, CAF yatangaje ko Fan ID izaba itegeko ku muntu wese ushaka kwinjira muri sitade no mu bice byose byashyiriweho abafana. Abafana bashobora gusaba Fan ID n’ e-visa icyarimwe muri YALLA App kugira ngo urugendo rwabo ruborohere.

Nk’uko CAF ibisobanura, abafana basabwa: Gukoresha YALLA App cyangwa urubuga rwa YALLA, Kuzuza ifishi ya Fan ID, ku bakeneye visa, bagasaba n’iyo e-visa.

Nyuma yo kwemererwa, abafana bahita bemererwa kugura amatike ku rubuga rwa CAF rwagenewe amatike. CAF ivuga ko ibi bishyizweho kugira ngo hagaragare imikorere inoze, umutekano n’uburambe bwiza ku bafana b’abanyamahanga n’ab’imbere mu gihugu.

Kugeza ubu, CAF yatangaje ko amatike 298,000 amaze kugurwa mu byiciro bibiri bya mbere, abaguzi baturuka mu bihugu 33 bya Afurika no mu bihugu 106 byo ku isi.

AFCON 2025 izabera muri sitade icyenda mu mijyi itandatu ya Maroc, mu rwego rwo kwakira neza abitabira iri rushanwa rinini rya Afurika. CAF yahamije ko iri gukora ibishoboka byose kugira ngo irushanwa ry’uyu mwaka rirushe ayabanje mu mitegurire n’imikorere.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *