Minisitiri w’imari wa Canada, Chrystia Freeland, yatangaje ku wa Mbere ko aretse akazi kandi ko yeguye muri guverinoma ya minisitiri w’Intebe, Justin Trudeau.
Yavuze ko atumvikanye na Trudeau ku bijyanye no gushyiraho inzira nziza iganisha igihugu ku gukemura ikibazo cy’iterabwoba ry’imisoro rya Perezida wa Amerika watowe, Donald Trump, ku bicuruzwa biva muri Canada.
Mu ibaruwa ye yo kwegura akomoza ku misoro ingana na 25% Trump yiyemeje guca ibicuruzwa biva muri Canada , Freeland yagize ati: “Uyu munsi igihugu cyacu gifite ikibazo gikomeye.”
Yongeyeho ati: “Mu byumweru bishize, wowe na njye twasanze tutavuga rumwe ku nzira nziza ijya imbere Canada yafata.”
Freeland na Trudeau baravuguruzanya kuri politiki y’ubukungu
Guverinoma ya Trudeau iherutse gutangaza gahunda yo kuvanaho by’agateganyo umusoro ku byaguzwe wa ku bintu byinshi no koherereza sheki abantu babarirwa muri za miriyoni b’Abanyakanada bahanganye n’izamuka ry’ibiciro kandi ni mu gihe amatora yegereje.
Uwahoze ari Minisitiri yanditse mu ibaruwa ye, ko kubera ko Canada yitegura guhangana n’iterabwoba ry’amahoro menshi, igihugu gikwiye kwirinda “amanyanga ya politiki agihenze”.
Trudeau yagize umusangirangendo w’igihe kirekire, Dominic LeBlanc, minisitiri w’imari ukurikira muri guverinoma ye.


