Abapolisi 10 ba Misiri bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), barashweho n’umutwe w’Ingabo zishinzwe kurinda umukuru wa kiriya gihugu babiri barakomereka cyane.
Byabereye i Bangui mu murwa mukuru ejo ku wa Mbere tariki ya 01 Ugushyingo.
MINUCA ibinyujije ku rubuga rwayo yavuze ko aba bapolisi barashweho n’Ingabo zishinzwe kurinda Perezida Faustin-Archangé Touadéra, ubwo bari bakigera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya M’Poko mu mujyi wa Bangui bitegura kujya mu birindiro byabo.
Aho barasiwe ni nko kuri metero 120 uvuye ku ngoro ya Perezida Touadéra.
Mu gihe aba bapolisi batari bafite imbunda bageragezaga guhunga amasasu, bisi yari ibatwaye yagonze umudamu wari ku muhanda atakaza ubuzima.
MINUSCA yavuze ko “yamaganye yivuye inyuma ibisa nkigitero nkana kandi kidafite ishingiro.”
Yavuze ko abayigize n’abagize Guverinoma ya Repubulika ya Centrafrique bahise batangira ibiganiro bigamije gutangiza iperereza, kugira ngo abagize uruhare muri buriya bugizi bwa nabi babiryozwe.
MINUSCA yavuze ko ibyakozwe binyuranyije n’amasezerano asanzwe ari hagati ya Loni na Leta ya Centrafrique yerekeye sitati yayo.


