Des-policiers-en-train-de-forcer-des-refugies-congolais-a-monter-dans-des-bus-destines-a-les-ramener-sur-le-site-de-Musenyi-dans-le-sud-est-du-Burundi-©-SOS-Medias-Burundi-1900x1069_c

Cibitoke: Impunzi z’Abanyekongo zanze kwimurirwa kure y’imipaka ya Congo

Hashize iminsi itari mike, hari amakimbirane akomeje kubera kuri site y’impunzi z’Abanyekongo i Rugombo, mu Ntara ya Cibitoke mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi. Impunzi zigera ku 40.000 zanze kwimurirwa mu nkambi ya Musenyi, iherereye mu birometero 204 uvuye aho, muri Komini ya Giharo, Intara ya Rutana mu majyepfo y’uburasirazuba. Impamvu ni imibereho babona ko itemewe ndetse no kuba nta biryo biri muri iyo nkambi yatekerejwe na HCR n’abayobozi b’u Burundi.

Impunzi, umubare munini ukomoka mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zahunze imirwano hagati y’ingabo za FARDC n’inyeshyamba za M23. Bageze mu Burundi mu byumweru byinshi bishize, bahabwa ubuhungiro i Rugombo, aho batuye mu buryo bugoye. Icyakora, bemeza ko ikibazo cyabo cyaba kibi kurushaho i Musenyi.

Impunzi yagize ziti: “Twahunze intambara, ariko ntidushaka koherezwa ahantu imibereho yacu izaba igoye kurushaho”.

Hakurikijwe ubuhamya bwinshi nk’uko SOS Media Burundi ivuga, inkambi ya Musenyi ntifite ibikorwa remezo by’isuku n’ibikoresho bihagije by’ibiribwa n’amazi yo kunywa. Impunzi zivuga ko imiryango yimuriwe hariya yahatiwe kuryama hasi.

Abategetsi b’u Burundi na HCR bahuye n’ikibazo

UNHCR, ishimangira ko ari ngombwa kwimurwa. Félix Ndama, uhagarariye UNHCR muri Cibitoke abisobanura agira ati: “Ni ngombwa guharanira umutekano w’izo mpunzi mu rwego rwagenwe.”

Iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi ryemeza ko inkambi ya Musenyi yashizweho ku bwumvikane na Guverinoma y’u Burundi ndetse n’abashinzwe ubutabazi kugira ngo barusheho gucunga neza impunzi z’Abanyekongo zigenda ziyongera.

Ariko guhangana n’impunzi zanze ibi bintu cyane biragenda birushaho kuba bibi. Guverineri w’Intara ya Cibitoke, Carême Bizoza, yafashe icyemezo gihamye, atangaza ko “abanze kugenda bazasubizwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.”

Ni itangazo riteye impungenge impunzi, zisanzwe zaramaze guhahamuka kubera urugomo zabonye mu gihugu zikomokamo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *