Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Col. Dr Kizza Besigye na mugenzi we witwa Hajj Obed Lutale, bafunzwe bakurikiranweho gutunga imbunda ndetse n’amasasu yazo.
Kuri uyu wa Gatatu ni bwo bariya bombi bagejejwe imbere y’Urukiko rwa gisirikare rw’i Makindye rwategetse ko bafungwa kugeza ku itariki ya 2 Ukuboza 2024.
Ni nyuma y’intabaza abo mu muryango wa Besigye baherukaga gutanga bavuga ko mu mpera z’icyumweru gishize yashimutiwe i Nairobi muri Kenya.
Kuri uyu wa Gatatu ubwo yagezwaga imbere y’urukiko yari acungiwe umutekano n’abasirikare benshi.
Ubushinjacyaha kuri uyu wa Gatatu bwagaragaje ko hagati y’Ukwakira n’Ugushyingo 2024, Col (Rtd) Besigye, Hajj Obed Lutale n’abandi bantu benshi bagiye bahurira mu nama zari zigamije gukusanya ibikoresho no kumenya aho bazabikoresha bagaba ibitero muri Uganda.
Ni inama ngo zagiye zibera mu mijyi irimo Geneve mu Busuwisi, Athens mu Bugereki na Nairobi muri Kenya.
Hejuru y’uyu mugambi kandi ubushinjacyaha bwunzemo ko ubwo Besigye na mugenzi we bari ku nyubako yitwa Riverside i Nairobi bafatanwe imbunda za pistol bari batunze mu buryo butemewe n’amategeko, ndetse n’amasasu umunani.
Ni ibyaha abaregwa bahakanye.
Erias Lukwago ubunganira mu mategeko yavuze ko ibyaha baregwa gukorera muri Kenya, u Busuwisi n’u Bugereki bikwiye guteshwa agaciro, kuko ngo urukiko nta rengayobora rufite rwo kuburanisha ibyaha byakorewe mu mahanga.
Besigye ubwo yahabwaga umwanya wo kwisobanura yasabye kuzaburanishwa n’Urukiko rwa Gisivile, kuko atari umusirikare wa UPDF wo kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare.
Ubushinjacyaha icyakora bwagaragaje ko ingingo ya 117 y’amategeko agenga UPDF ayemerera kuba yaburanisha abasivile.


