Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, ku wa mbere tariki ya 13 Nyakanga cyafashe mpiri abasirikare babiri b’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, barimo Colonel Bolingo uri mu basirikare bakomeye muri uwo mutwe.
Media Congo dukesha iyi nkuru yavuze Colonel Bolingo na mugenzi we bafatiwe na FARDC muri Territoire ya Kalehe iherereye mu ntara ya Kivu y’amajyepfo, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ni nyuma yo kwisanga baguye mu maboko y’ingabo za Congo Kinshasa zari ziri muri kariya gace.
Itangazo ryasohowe n’Umuryango Uharanira Kurengera Uburenganzira bwa Muntu (RDPH) mu gace ka Kalehe, rivuga ko Colonel Bolingo na mugenzi we bafashwe nyuma ya Operasiyo ya gisirikare FARDC yakoreye muri kariya gace.
Itangazo rigira riti: “Abarwayi babiri ba CNRD igize FDLR, bafatiwe muri Operasiyo yakozwe na FARDC i Rutare mu mudugudu wa Batayo, mu gace ka Ziralo, mu gitondo cyo ku wa 13 Nyakanga 2020. Muri bo harimo Colonel Bolingo uyobora abagizi ba nabi n’undi ufite ipeti rikuru. Bari bafite imbunda eshatu zirimo AK47 ebyiri na PKM imwe. Bamaze kugezwa ku buyobozi bw’ingabo mu gihe hagikurikiranwa dosiye yabo.”
James Musanganya, Umuyobozi wa RPDH muri Kalehe yavuze ko Colonel Bolingo na CNRD muri rusange bakekwaho kugira uruhare mu yicwa ry’umudamu wiciwe i Kaharawe mu cyumweru gishize, ishimutwa ry’umukuru w’umudugudu n’uwo bafatanyaga ndetse n’iyicwa ry’umuyobozi w’ishuri ribanza rya Rutare.
Umuyobozi wa RPDH yavuze ko bizeye ko n’abandi barwanyi bari bayobowe na Colonel Bolingo bazafatwa cyangwa bakarambika intwaro ku bushake.
Si ubwa mbere ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zifata mpiri abarwanyi b’umutwe wa FDLR, dore ko mu Ukuboza 2019 abarenga 1000 boherejwe mu Rwanda, nyuma yo gufatirwa mu mirwano yabasakiranyije na FARDC muri Kalehe.


