20250402_191519_copy_764x597

Colonel Kaina yavuze icyo inyeshyamba ze za FNLC zisangiye na M23 yahozemo

Umugaba Mukuru w’inyeshyamba za Forces Nationale pour la Libération du Congo (FNLC), Colonel Innocent Kiana, yatangaje ko nta tandukaniro riri hagati y’umutwe ayoboye n’uwa M23 urwanira n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Kivu zombi.

Yabwiye BWIZA ati: “Nta tandukaniro ryacu n’irya bagenzi bacu barwanira muri Nord Kivu na Sud Kivu, twese turi abanzi ba leta kandi Leta na yo ni umwanzi wacu.”

Muri Werurwe uyu mwaka ni bwo Kaina yatangaje ko yashinze ihuriro ryitwa Coalition Nationale Pour la Libération du Congo (CNLC) ari na ryo rifite umutwe wa FNLC.

Ni umutwe ukorera mu ntara ya Ituri mu burasirazuba bwa Congo.

Mu byo ashyize imbere harimo gushyira iherezo ruswa, icyenewabo, kugura abo ashaka kwiyegereza, guta muri yombi abatavuga rumwe na we mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kunyereza umutungo w’igihugu, imvugo z’urwango zibasira abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda bikorwa n’ubutegetsi bwa RDC.

Ibi ni na byo byatumye M23 yubura intwaro mu rwego rwo gushyira iherezo ku butegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi ivuga ko butemewe.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *