Igisirikare cya Israel, IDF, cyatangaje ko komanda wa Brigade ya Nahal irinda imipaka y’iki gihugu, Colonel Jonathan Steinberg, yiciwe mu bitero bigari by’umutwe w’iterabwoba wa Hamas.
IDF yatangarije ku rubuga rwa X mu ijoro ryo kuri uyu wa 7 Ukwakira 2023 iti: “Komanda wa Nahal Brigade, Col Jonathan Steinberg yiciwe uyu munsi mu mirwano n’ibyihebe. Col Steinberg w’imyaka 42 akomoka muri Kibbutz Shomria. IDF irihanganisha ibikuye ku mutima umuryango we kandi izakomeza kuwufasha muri ibi bihe bikomeye.”
Ibitero bya Hamas yaturutse mu karere ka Gaza Strip byatangiye mu rukerera rwo kuri uyu wa 7 Ukwakira, aho abarwanyi bayo benshi binjiye mu majyepfo ya Israel, barasa bakoresheje imbunda ntoya ndetse na za misile.
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangeje ko igihugu cyabo kiri mu ntambara, kandi ko igisirikare kirakora ibishoboka, kigatsinda umwanzi. Ati: “Mur iki gitondo, ku Isabato n’ikiruhuko, Hamas yinjiye ku butaka bwa Israel, yica inzirakarengane z’abaturage zirimo abana n’abasaza. Hamas yatangije intambara mbi. Tuzatsinda iyi ntambara n’ubwo izagira ikiguzi kiremereye. IDF irakoresha imbaraga zayo, isenye ubushobozi bwa Hamas.”
Imibare iheruka mu ijoro ryo ku wa 7 Ukwakira ivuga ko Hamas yarashe muri Israel misile zirenga 3000, yica abantu barenga 200. Hari ibihumbi by’abakomeretse ndetse n’abafashwe bugwate barimo abasivili n’abasirikare.


