Colonel de Police Dieudonné Nduwantare wari umaze igihe gito asezerewe muri Polisi y’u Burundi, yiciwe muri Zambia.
Amakuru atangwa n’umuryango w’uyu mupolisi avuga ko ku wa Kane w’iki cyumweru ari bwo yishwe n’abagizi ba nabi.
Muri Zambia aho yiciwe yari yagiyeho gusura murumuna we.
Umuryango we uvuga ko aticiwe kwa murumuna we, ko ahubwo hari undi mubyara we yari yagiye gusuhuza mu kandi gace, ubwo yari mu nzira ataha ategwa n’abantu baramwica.
Ambasaderi w’u Burundi muri Zambia, Evelyn Butoyi, abinyujije ku rubuga rwa X yatangaje ko abagizi ba nabi bamwishe babanje kumwambura ibyo yari afite.
Ati: “Umurundi colonel Dieudonné Uwantare yaraye ahitanwe n’abagizi ba nabi babanje kumwambura ibyo afite, nyuma bamwicira i Mpulungu muri Zambia. Twihanganishije umuryango twongera tubamenyesha ko inzego zirimo zirakora iperereza kugira ngo abakoze iryo bara bamenyekane, bahanwe.”
Abazi Colonel Nduwantare bavuga ko yakoze mu Ishami rya Polisi y’u Burundi rishinzwe gukumira ibyaha ndetse na Polisi ikorera ku kibuga cy’indege cya Bujumbura.
Uyu Nyakwigendera yavukaga muri Komine Busoni, mu ntara ya Kirundo. Se ni umugabo w’intore wari ku noti ya 20 Fbu ya kera.
Uyu mupolisi abaye Umurundi wa gatatu wiciwe muri Zambia muri iki cyumweru, nyuma y’uwitwa Ndayisaba Alexis wishwe ku wa Mbere na Ndayisenga Emery wishwe ku wa Gatatu.


