hq720

Congo-Brazza: Sassou Nguesso agiye guhatanira indi manda nyuma y’imyaka 41 ari perezida

Muri Congo-Brazzaville, abantu 3.000 bitabiriye kongere ya gatandatu y’Ishyaka ry’Abakozi muri Congo (PCT) riri ku butegetsi ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 30 Ukuboza, bemeje Perezida Denis Sassou Nguesso, w’imyaka 82, n’imyaka irenga 40 amaze ku butegetsi, nk’umukandida wabo mu matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe muri Werurwe 2026.

Denis Sassou Nguesso yahiswemo, bidatunguranye, nk’umukandida wa PCT mu matora ya perezida ataha muri Congo-Brazzaville azaba muri Werurwe. Aya mahitamo yakiriwe neza na Christ Dufort Mambiki Bakissi, umwe mu bitabiriye kongere nk’uko tubikesha RFI.

Ati: “Uyu munsi, ni umukandida ushyigikiwe na bose muri Congo. Ni umurinzi w’amahoro muri Congo.” Yabisobanuye agira ati: “Usibye Sassou Nguesso, ntitubona undi muntu ushobora kuyobora Congo, kubera ko Perezida Denis Sassou Nguesso, kuva yageraho, yazanye umwuka w’umutekano muri Congo, umwuka w’amahoro”.

Iyi myumvire ntabwo uyu ayihuje n’umuyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi, Clément Mierassa. Ati: “Isesengura ni uko ibyo ari ukugumisha ishyaka ry’abakozi rya Congo ku butegetsi uko byagenda kose. Kandi nshobora kongeraho ko ibisabwa kugira ngo amatora azabe mu bwisanzure mu 2026 bidahari…..”

Ku rundi ruhande, kongere yananiwe kumvikana ku ishyirwaho ry’umunyamabanga mukuru mushya w’ishyaka, cyangwa ku mazina y’abanyamuryango bagize biro ya politiki na komite nkuru. Biteganyijwe ko iyi kongere irangira ku mugaragaro kuri uyu wa Gatatu, itariki 31 Ukuboza.

Denis Sassou Nguesso ni umunyapolitiki, wahoze ari umusirikare, uri ku butegetsi muri Repubulika ya Congo kuva mu 1997. Yabanje kandi kuba perezida w’iki gihugu kuva mu 1979 kugeza 1992. Bivuze ko imyaka amaze ari pererezida ari 41.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *