ben-na-pamella.jpg

Couples 5 z’ibyamamare mu Rwanda ziri kubica bigacika

Muri iyi minsi mu Rwanda hamaze iminsi amakuru atandukanye avuga ku byamamare nk’abahanzi, abanyamakuru, abakina imikino itandukanye, abanyapolitiki n’abandi. N’ubwo bisigaye byoroshye kumenya ubuzima bayeho, usanga hari amakuru y’ibanga ajyanye n’urukundo abakunzi b’ibyamamare batamenya ku buzima bwabyo. Uyu munsi iyi nkuru irakwereka ‘couples’ 5 z’ibyamamare mu Rwanda utaruzi, inagusangize ku buzima bwabyo.

1.The Ben na Miss Pamela

The Ben na Miss Uwicyeza Pamella ni imwe muri ‘couples’ ziri kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye. Nyuma y’uko hagiye hagaragara amafoto aba bombi bari kumwe, ubu biravugwa ko bagiye kurushinga. Hari abavuga ko Miss Pamela yaba atwitiye The Ben ikaba ari yo mpamvu nyamukuru bari gushaka gukora ubukwe igitaraganya.

The Ben na Pamela bakunze kugaragara nk’ababana mu nzu imwe aho hagiye hagaragara amashusho yabo baririmba ari nako barebana akana ko mu jisho ndetse bashaka no gusomana.

ben-na-pamella.jpg
theben1.jpg

The Ben na Pamela akenshi baba bari mu nzu imwe

2.Kimenyi Yves na Miss Muyango

Urukundo rwa Kimenyi Yves na Miss Muyango rwamenyekanye muri Kanama 2019. Mu kiganiro na kimwe mu binyamakuru bikorera mu Rwanda, ni bwo Yves yahishuye ko ari mu rukundo n’umukunzi mushya yasimbuje Didy d’Or batandukanye nyuma y’uko hasakaye amashusho ye yambaye ubusa. Kimenyi Yves yakunze kwemerera itangazamakuru ko abana na Muyango mu nzu imwe ariko mu buryo butari ubw’umugabo n’umugore.

e38aedba7633bafb0d0ae451d8ec46.jpg
muya13-4739041570953415-631x1024.jpg

Kimenyi na Muyango mu bihe byabo byiza

3.Rwabugiri Umar na Miss Tania

Rwabugiri Umar ni umunyezamu wa APR FC akaba n’umwe mu barindira ikipe y’Igihugu Amavubi. We n’umukunzi we Miss Tania Muvunyi bahujwe na Instagram, bakaba bamaranye mu rukundo umwaka urenga.

u1-1.jpg

Umar na Tania bizihiza umwaka bamaranye mu rukundo

u3.jpg

Umar na Miss Tania mu munyenga w’urukundo

4.Mr P(Platin) na Cadette

Umuhanzi Nemeye Platin, umwe mu bagize itsinda rya ‘Dream Boys’, ubu ari mu munyenga w’urukundo n’umukobwa witwa Cadette , nyuma y’uko atandukanye na Ingabire Diane biteguraga no kurushinga.

Platini na Diane bari bamaze imyaka isaga ine bakundana, mu bitaramo bitandukanye umusore yitabiraga babaga bafatanye agatoki ku kandi, ndetse bari kumwe no mu bukwe bwa Knowless na Clement buheruka kuba. Urukundo rw’aba bombi rwashyushye kugeza ubwo Diane yongeye izina ‘Nemeye’ mu mazina ye, rwaje kuyoyoka mu Ugushyingo 2016, umukobwa asiba amafoto yose y’umusore yari yarashyize kuri Instagram atangira kugaragaza umukunzi we mushya uba muri Amerika.

screenshot_20200724-090858_1595575734438.jpg

Kuri ubu Mr P araramutswa Cadette

arton88275.jpg

Ifoto ya Mr P na Diane mu bukwe bwa Knowless

5.Friday James na Sandrine

Umunyamakuru Friday James, we n’umukunzi we Sandrine bari muri ‘couples’ ziri kuvugwa dore ko bari kubara amasaha make ngo ngo bakore ubukwe. James umaze imyaka irenga 10 mu itangazamakuru, yakoreye ibitangazamakuru bikomeye nka CNN, NIPPON, BBC n’ibindi. Kuri ubu ari gukora kuri Televiziyo y’u Rwanda .

screenshot_20200724-083449_1595575666445.jpg
screenshot_20200724-091224_1595575708977.jpg

James na Sandrine bafite ubukwe ejo tariki 25 Nyakanga 2020

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *