Covid-19: U Bwongereza bwagumishije u Rwanda ku rutonde rutukura

Guverinoma y’u Bwongereza kuri uyu wa 2 Mata 2021 yagumishije u Rwanda ku rutonde rutukura, rubuza abaturuka mu bihugu baruriho kujyayo mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid-19 cyihinduranyije cyabonetse mu bihugu birimo Afurika y’Epfo.

Kuri uru rutonde rwari rusanzwe ruriho ibihugu 33, hongereweho ibindi bitandatu birimo Kenya, Pakistan, Bangladesh na Philipiness; bimwe muri byo bikekwa ko byaba bifite Covid-19 yihinduranyije yabonetse bwa mbere muri Brazil.

Ibindi bihugu byo mu Karere (aka Afurika y’Iburasirazuba n’ak’Ibiyaga Bigari) biri kuri uru rutonde ni: u Burundi, RDC na Tanzania.

Amabwiriza mashya yo gukumira abaturuka muri ibi bihugu azakurikizwa guhera tariki ya 9 Mata 2021, saa kumi z’igitondo (ni ukuvuga saa kumi n’ebyiri z’igitondo mu Rwanda).

Tariki ya 28 Mutarama 2021 ni bwo bwa mbere u Bwongereza bwashyize u Rwanda kuri uru rutonde, burugumishaho tariki ya 15 Gashyantare 2021.

Iki gihe cyose nta cyorezo cya Covid-19 cyihinduranyije cyari cyakabonetse mu Rwanda, gusa tariki ya 22 Werurwe 2021 Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko habonetse abantu 12 barimo babiri bafite banduye icyabonetse bwa mbere mu Bwongereza n’10 banduye cyabonetse muri Afurika y’Epfo.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel yahumurije Abanyarwanda, avuga ko abagaragayeho iki cyorezo cyihinduranyije bose ari abavuye mu bihugu by’amahanga, mu kwerekana ko kitakwirakwiye mu gihugu.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *