Destiny Art Media ni kompanyi izwiho ubuhanga no kugira ibikoresho bigezweho mu gukora impano no kwandika ku bintu binyuranye hano mu Rwanda. Izwiho gukora imitako mu buryo bugezweho bwo kwandika ikoze mu rubaho , mu rwego rwo gufasha abakiriya bayo n’abayigana, serivise nziza kandi zijyanye n’igihe yashyizeho uburyo bwo kubashyira mu ngo aho batuye hagamijwe kwirinda ikwirakwira rya COVID19.

Destiny Art Media bagendana n’igihe
Mbaraga Patrick umuyobozi wa Destiny Art Media yabwiye umunyamakuru wa bwiza.com, ko bagabanyije ibiciro kandi mu rwego rwo gufasha abakiriya babo kubona serivise mu buryo buhendutse muri iki gihe . Uyu muyobozi yatangaje ko muri iki gihe bashyizeho uburyo bwo gushyira ibyo bakoreye abakiriya aho batuye cyangwa bakorera.

Usibye iri gabanuka ku bagura n’abakoresha impano zinyuranye zo gutanga muri iki gihe, Destin art Media yagabanyije no kuri serivise zindi itanga.
Iki kigo gikora amakarita y’abanyeshuri, abakozi, ay’akazi (service card), ibirango by’ibigo (insigne), ndetse na logo z’ibigo, kashe z’ubwoko bwose harimo izikoranye umuti, izidakoranye umuti ndetse na kashe zikoresha umuriro (embossed stamp), Gushyira ibirango ku myenda , ibyapa binini , bakora ibijyanye n’amafoto nko gukora ifoto ishaje bakayivugurura bakayishyira mu ikadere nshya, ifoto ikongera kuba nshya. Bashyira imitako ku modoka no mu biro (office and car branding).

Destiny Art Media ikorera mu mujyi ku Muhima iruhande rwa Okapi Hotel ndetse na Hotel Imala. Kubindi bisobanuro wahamara 0788314637








