Cristiano Ronaldo yatangaje ko agiye kujya guhagarika ruhago, avuga ko azabikora kubera impamvu z’umuryango n’igihe amaze ategura ejo hazaza he.
Uyu mukinnyi w’imyaka 40, ukinira Al Nassr muri Arabie Saoudite ndetse akaba n’intwari ya Portugal, yavuze ibi mu kiganiro cya “Piers Morgan Uncensored” cyo mu Bwongereza, cyasohotse ku wa kabiri tariki 5 Ugushyingo 2025.
Ronaldo yavuze ko nubwo bizamugora kuva mu mupira w’amaguru, yiteguye kubyakira kuko amaze imyaka myinshi abitegura.
Yagize ati: “Byose bifite intangiriro n’impera. Ngiye kugira igihe kinini cyo kuba ndi kumwe n’umuryango wanjye no kurera abana banjye.”
Uyu rutahizamu watsinze ibitego 952 ku rwego rw’amakipe n’ikipe y’igihugu yavuze ko yari afite intego yo kugera ku bitego 1,000 mbere yo kureka gukina.
Nubwo yasezeye muri Manchester United mu buryo butari bwiza, yavuze ko agikurikira amakuru yayo kandi ikiyifitiye umwanya mu mutima we. Yagaragaje agahinda ku buryo ikipe itameze neza, avuga ko “nta miterere ifatika ifite” kandi asaba ko ibintu byahinduka kugira ngo isubire ku rwego rwo hejuru.
Kuri ubu, Ronaldo ukinira Al Nassr yo mu gihugu cya Arabie Saoudite, ari ku mwanya wa gatatu muri shampiyona y’igihugu cya 2025–2026, aho amaze gutsinda ibitego umunani mu mikino irindwi.


