Darfur: RSF iravugwaho kwica abantu hafi 1500 mu gisa nka jenoside

Ku itariki ya 2 Ugushyingo, ingabo z’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) zagose inkambi y’abavanywe mu byabo nyuma yo gutera ikigo cy’ingabo za leta cyari hafi yaho mu burengerazuba bwa Darfur. Mu minsi itatu yakurikiyeho, uyu mutwe witwara gisirikare wakoze ibishobora kuba ubwicanyi bwakorewe abantu benshi mu gihe gito kuva intambara y’abenegihugu yatangira muri Mata.

Abagenzuzi baho babwiye Al Jazeera ko abantu bagera ku 1.300 bishwe, 2000 barakomereka naho 310 baburirwa irengero.

Uwitwa Montesser Saddam wacitse ku icumu ha Mana muri ubwo bwicanyi akagera muri Tchad ku Cyumweru, yagize ati: “Bagiye mu nzu ku yindi bashaka abagabo kandi bica buri wese babonye.” “Mu mihanda hari imirambo myinshi.”

Ubugizi bwa nabi buheruka gukorwa ni bumwe mu bwakozwe na RSF n’imitwe yitwara gisirikare bifatanyije hagamijwe kurandura burundu abaturage b’Aba-Masalit batari Abarabu mu burengerazuba bwa Darfur, nk’uko impirimbanyi n’abacitse ku icumu babitangaza.

Kuva intambara y’abenegihugu ya Sudani yatangira, Umuryango w’Abibumbye na guverinoma zo mu burengerazuba bamaganye ubwicanyi bwibasira abantu bamwe no kumenesha Aba-Masalit birukanwa mu byabo. Ariko kunegura no kwamagana ntibyabujije RSF gukora amarorerwa menshi.

Amateka y’itsembabwoko

Mu myaka ibarirwa muri za mirongo, guverinoma nkuru ya Sudani yirengagije abahinzi batari Abarabu n’abashumba b’Abarabu bo muri Darfur, ibasunikira kurwanira ubutaka burumbuka ndetse n’amazi agenda agabanuka.

Uwahoze ari Perezida Omar al-Bashir yakajije umurego muri ayo makimbirane ateranya amoko mu rwego rwo kuyacamo ibice no kuyategeka. Mu 2003, yahaye intwaro imitwe yitwara gisirikari yo mu bwoko bw’Abarabu kandi ayiha inshingano zo guhashya inyeshyamba ahanini zitari iz’Abarabu, zatangiranye n’imyigaragambyo yo kwamagana ihezwa mu bukungu na politiki ry’Intara ya Darfur.

Abantu bagera ku 300.000 bapfiriye mu ntambara kimwe n’inzara n’indwara byazanywe n’amakimbirane. Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu na Loni bashinje izi nyeshyamba zishyigikiwe na leta, zizwi nk’Aba-Janjaweed (bisobanura ba sekibi ku mugongo w’ifarasi) gukora itsembabwoko.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *