1741582807123-4548801741582869

Darko Novic utoza APR FC yatangariye ubuhanga bwa Muhire Kevin

Umutoza wa APR FC, Darko Novic yashimye cyane kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin avuga ko ari umwe mu bakinnyi beza muri shampiyona y’u Rwanda. Ibi yabivuze nyuma y’umukino wa derby warangiye amakipe yombi anganyije 0-0 kuri Stade Amahoro, ku munsi wa 20 wa shampiyona.

Novic yavuze ko umukino wa derby utapfa kugena uko urarangira ndetse ko umusaruro wo kunganya wari ukwiye. Yagize ati: “Iyi ni derby, ntabwo wahita umenya ibizayivamo. Twagize amahirwe angana na Rayon Sports, rero ndibwira ko kunganya 0-0 byari bikwiye. Tugomba gukomeza urugamba rwa shampiyona.”

Ku bijyanye n’abakinnyi, Novic yashimangiye ko Muhire Kevin ari umukinnyi ufite ubuhanga buhambaye, cyane cyane mu gutanga imipira y’imiterekano. Ati: “Ntekereza ko ariwe mukinnyi mwiza muri shampiyona ku bijyanye no gukina neza ku kirenge. Nafashe umwanya mbibwira n’umunyezamu wanjye.”

Uyu mutoza yanashimye abakinnyi be, by’umwihariko Ruboneka Jean Bosco na Nshimirimana Ismael Pitchou, avuga ko bagaragaje urwego rwo hejuru.

Nyuma yo kunganya, Rayon Sports iracyayoboye shampiyona n’amanota 43, mu gihe APR FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 41.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *