Dosiye ya Apotre Halelimana Joseph uzwi nka Yongwe yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha aho akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Ibi byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ko uyu mugabo yamaze gushyikirizwa urwo rwego.Ni mu gihe yari yatawe muri yombi taliki 1 Ukwakira 2023 akajyanwa gufungirwa kuri Sitasiyo ya RIB ku Kimihurura.
Amakuru agenda avugwa hirya no hino avuga ko uyu Yongwe yaba yarabwiraga abantu ko abasengera ibibazo bafite bigacyemuka bityo akabasaba ibiguzi.Nyuma yo gutanga ibyo biguzi ngo barategerezaga ngo barebe ko bicyemuka ariko amaso agahera mu kirere ntihagire ikiba.
Yongwe yagiye yumvikana kenshi ku miyoboro itandukanye avuga ko atunzwe n’amaturo y’ababayoboke be kandi nawe ko atura akaza guhindukira akarya amaturo.Gusa kugeza ubu hakaba hategerejwe ibizava mu rukiko niba azahamwa n’ibyaha agahabwa ibihano, yagirwa umwere akarekurwa.
Aramutse ahamwe n’icyaha aregwa yahanisha ingingo ya 174 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Yahanishwa igifungo kitari mu nsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka 3.


