Perezida wa DRC kuri uyu wa Gatatu,tariki ya 23 Ukwakira 2024,ategerejwe mu mujyi wa Kisangani.
Kuri gahunda, bamwe mu ba minisitiri ba Guverinoma hamwe n’abadepite bagera ku icumi n’abasenateri, banyamuryango b’Ihuriro Rihuriwe ry’Igihugu, bamaze kuva ku wa Mbere bagera i Kisangani.
Uru ruzinduko ni urwa mbere mu murwa mukuru wa Tshopo kuva Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yongeye gutorwa nka Perezida mu Ukuboza 2023.
Mu gihe araba ari muri Kisangani, biteganyijwe ko afungura ku mugaragaro inyubako y’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bangboka.


