DRC: Haracyari urujijo ku rupfu rwa Gen. Kahimbi

Hagiye gushira ibyumweru bibiri Jenerali Delphin Kahimbi wahoze akuriye Ubutasi mu bya gisirikari mu gihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo apfuye urupfu rwasize urujijo.

Mu rwego rwo gusubiza icyifuzo cy’Ingabo za LONI zibungabunga amahoro muri Kongo (MONUSCO), Félix Tshisekedi Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo yavuze ko iperereza ku rupfu rw’uwari ukuriye ubutasi bwa gisirikare muri icyo gihugu ryasanze yarapfuye yimanitse mu mugozi.

Haracyari urujijo ku cyahitanye Gen. Kihimbi

Ibi byavuye mu iperereza rero ngo ntibigaragaza neza niba yariyishe ubwe cyangwa ari abamwishe muri ubwo buryo. Ni ingingo ituma hakomeza kubaho urujijo ku kuri kwa nyako ku cyishe Gen. Kahimbi.

Umurambo wa Gen. Kahimbi wasanzwe iwe mu rugo mu Murwa Mukuru i Kinshasa kuwa 28 Gashyantare 2020 umanitse.

Uru rupfu rwe, rwabaye umunsi ubanziriza uwo yagombaga kwitabaho inama nkuru ya gisirikare muri Kongo ngo yisobanure ku birego by’uko yarimo acura umugambi wo guhungabanya umutekano w’igihugu. Umugore we, Brenda Kahimbi yavuze ko umugabo we yahitanwe n’indwara y’umutima.

Uretse ibihano Gen. Kahimbi yari yarafatiwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi ku birego byo guhonyora uburenganzira bwa muntu, nta hagarikwa ku mirimo ye Perezida Felix Tshisekedi yigeze atangaza n’ubwo hari amakuru amwe avuga ko yari yarahagaritswe ku mirimo ye.

Iyi myanzuro y’iperereza Felix Tshisekedi yayitangarije mu nama y’abaminisitiri iba buri cyumweru avuga ko ibimenyetso byagaragaje ko Jenerali Kahimbi yapfuye yimanitse mu kagozi.

Urupfu n’iperereza kuri rwo byose byaje bikurikira igitutu Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakomeje gushyira kuri Perezida Felix Tshisekedi ngo habeho ikurikiranwa ry’uwo musirikare mukuru ku birego birimo guhonyora uburenganzira bwa muntu.

Nta mibanire idasanzwe yaranze Jenerali Delphin Kahimbi na Perezida Felix Tehisekedi kuva yashyirwa ku mwanya w’umukuru w’ubutasi bwa gisirikare n’uwahoze ari Perezida Joseph Kabila.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *