bitmap_800_nocrop_1_1_20240703185108584773_IMG-20240625-WA0014

DRC: Matembe hari kubera imirwano ikomeye hagati ya FARDC na M23

Intambara zirakomeje mu majyepfo ya Teritwari ya Lubero, muri Kivu y’Amajyaruguru, aho amasasu akomeje kumvikana.

Kuva kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024, imirwano yongeye kubura hagati y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC) n’abarwanyi ba M23, mu gace ka Matembe gaherereye ku ntera ya kilometero 60 uvuye mu mujyi wa Lubero rwagati.

Imirwano yatangiye ahagana saa kumi n’imwe n’igice za mu gitondo, ku isaha yaho, ubwo abarwanyi ba M23 bateraga ibirindiro by’ingabo za FARDC biri ku ruhande rw’ibumoso bw’agace ka Matembe.

Abo barwanyi, bafite intwaro zikomeye, barakoresha ibimodoka by’intambara n’ibikoresho biremereye mu mugambi wo kwirukana ingabo za Kongo muri aka gace gafite agaciro kadasanzwe mu birebana no kurinda Lubero rwagati.

Umwuka ukomeje kuba mubi muri ako karere, kari mu minsi 13 y’imirwano idahagarara. Intambara z’i Matembe zirakomeye cyane, kandi uko ibintu bihagaze ku rugamba biracyari urujijo.

Ingabo za Kongo zatangaje ko ku wa Gatandatu nimugoroba zarashe drone y’ubutasi yakoreshejwe na M23 muri ako gace.

Iyi mirwano ibaye mu gihe abakuru b’ibihugu, Félix Tshisekedi wa RDC na Paul Kagame w’u Rwanda, bari bategerejwe kuri iki Cyumweru i Luanda, muri Angola mu biganiro byasubitswe ku munota wa nyuma.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *