images

DRC: Twirwaneho n’Ingabo z’u Burundi bakozanyijeho muri Mwenga

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 04/07/2025 Ingabo z’u Burundi n’umutwe wa Twirwaneho baramutse bakozanyaho hafi ya Centre ya Mikenke muri Teritware ya Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo, Ingabo z’u Burundi ziyabangira ingata ziriruka.

Iyi mirwano yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu bivugwa ko yamaze umwanya muto nk’ uwo guhumbya ubwo umutwe w’ abarwanyi ba Wazalendo wakubitanaga n’ ingabo z’ Abarundi bagahita batana mu mitwe bararasana bamwe barakomereka.

Umwe mubari bari aho ibi byabereye yavuze ko Ingabo z’u Burundi zahuriye ahantu n’uyu mutwe wa Twirwaneho mu gice cya Mikenke werekeza mu Rwitsankuku, niko guhita impande zombi zitana mu mitwe, ariko Twirwaneho yirukana ingabo z’ u Burundi ziyabangira ingata.

Yagize ati: “Twirwaneho yari mukazi izaguhura n’ingabo z’u Burundi bararwana, maze izi ngabo z’u Burundi zikizwa n’amaguru zihungira mu bihuru.”

Uguturika kw’intwaro kuri iryo hangana ryabereye muri utwo duce, ntabwo ryari rikanganye nk’uko aya makuru akomeza abivuga.Gusa byaje kurangira ingabo z’u Burundi zihunze.

Iyi mirwano ibaye mu gihe muri iki gice cya Mikenke hari hamaze igihe hari agahenge, kuko imirwano iheruka kuhabera, yabaye mu kwezi gushize kwa gatandatu hagati.

Si mu Mikenke gusa hari agahenge ka mahoro, no mu Minembwe, Rugezi no mu bindi bice bigenzurwa n’uy’u mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 nka Kamombo n’ahandi.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *