20250830_132825

Drones za FARDC zarashe Abanyamulenge bwa 3

Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryaraye ryongeye kugaba ibitero bya drones mu bice by’Intara ya Kivu y’Amajyepfo bituwe n’abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Ku mugoroba (mu ma saa mbili) wo ku wa Gatanu tariki ya 29 Kanama ni bwo Drones zari zitangiye kugaba ibitero mu Minembwe; mu duce twa Mikenke na Rugezi muri Kivu y’Amajyepfo.

Umuryango Mahoro Peace Association (MPA) uharanira umubano mwiza w’Abanye-Congo mu Burasirazuba bwa RDC, wamaganye kiriya gitero cyabaye icya gatatu cya drone cyibasiye Abanyamulenge muri iki cyumweru.

MPA ku rubuga rwayo rwa X yagize iti: “Twamaganye twivuye inyuma igitero cya gatatu cya drone muri iki cyumweru cyagabwe mu Minembwe, kikibasira abasivile b’Abanyamulenge.”

Uyu muryango kandi wavuze ko biriya bitero atari umutekano, ko ahubwo ari “igihano rusange” ku baturage batuye mu Minembwe bamaze igihe barakupiwe ibyo kurya, imiti ndetse n’ubufasha bw’abatabazi.

MPA yavuze ko ibikorwa bibi Ingabo za Leta ya RDC zikomeje gukorera Abanyamulenge “bigize kwica amategeko mpuzamahanga n’ay’ubutabazi”; ishimangira ko “kurasa abaturage basanzwe bagoswe bihwanye n’icyaha cy’intambara mu masezerano ya Genève.”

Uyu muryango wavuze ko biriya bitero binanyuranyije n’imbanzirizamasezerano y’amahoro Leta ya RDC yasinyanye n’umutwe wa AFC/M23; aho impande zombi ziyemeje gutanga agahenge no kurinda abaturage.

Ku bwa MPA, “buri gitero cya drone kirashimangira ukutizerana, kibangamira amahoro kikanahungabanya akarere k’ibiyaga bigari”.

Uyu muryango wasabye ko ibitero bikomeje kwibasira Abanyamulenge bihagarara bwangu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *