EACRF: Ingabo za Sudani y’Epfo na zo zatangiye kuva muri Congo

Ingabo za Sudani y’Epfo zari mu butumwa bw’Umuryango wa EAC mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane na zo zatangiye kuva mu karere ka Nyiragongo, aho sosiyete sivile yaho ivuga ko izi ngabo zagaragaye mu modoka zerekeza ku Kibuga cy’Indege cya Goma.

Urubuga Kivumorningpost.cd dukesha iyi nkuru ruvuga ko abaturage b’aha bishimiye kugenda kw’izi ngabo ngo basanga ari inkuru nziza ku karere kabo.

Kugeza ubu ariko, abayobozi b’ingabo z’akarere ka EAC zoherejwe mu burasirazuba bwa Congo ntacyo baratangaza ku igenda ry’izi ngabo za Sudani y’Epfo zatangiye gutaha nyuma y’ingabo za Kenya zigera muri 300 zuriye indege ku Cyumweru.

Ingabo za EAC muri Congo zirimo gutaha nyuma y’uko Guverinoma ya Kinshasa yanze kongerera igihe manda ya zo igomba kurangira kuri uyu wa gatanu itariki 8 Ukuboza 2023.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *