Inzego z’ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo zatangaje ko icyorezo cya Ebola cyongeye kwaduka, aho Minisiteri y’ubuzima ivuga ko byibuze kuva mu mpera za Kanama nibura abantu cumi na batandatu bamaze gupfa. Iki cyorezo gishya cyibasiye Intara ya Kasai, hagati mu gihugu.
Biravugwa ko iki cyorezo cya Ebola cyagaragaye bwa mbere muri RDC ku itariki ya 20 Kanama. Cyagaragaye ku mugore utwite wari ugiye ku bitaro bikuru bya Boulapé i Kasai afite ibimenyetso biteye ubwoba: umuriro mwinshi, kuruka, afite intege nke bikabije, no kuva amaraso.
Ku wa Gatatu, itariki ya 3 Nzeri nk’uko bitangazwa na RFI, ibipimo bitanu byemeje ko virus ihari. Kuva icyo gihe, habaruwe abandi bantu makumyabiri n’umunani bakekwaho kwandura mu ntara. Kugeza ubu umubare w’abapfa uri hejuru gato ya 50%. Abakozi bane bashinzwe ubuzima mu bitaro bikuru bya Boulapé bari mu bapfuye.
Abashinzwe ubuzima bavuga ko uku kwiyongera kwa virus guterwa n’ubwoko bwa Zaire, nubwo ifite urukingo. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga ko muri iki gihe DRC ifite ububiko bwa doze 2000 gusa “zibitswe i Kinshasa” kandi zigomba koherezwa i Kasai.
Repubulika ya Demokarasi ya Congo iheruka kugaragaramo virusi ya Ebola yibasiye intara yo mu majyaruguru y’iburengerazuba ya Equateur muri Mata 2022. Yahagaritswe mu gihe cy’amezi atatu nyuma y’imbaraga nyinshi zashyizwemo n’inzego z’ubuzima. Mu ntara ya Kasai, Ebola yahaherukaga mu 2007 na 2008. Mu gihugu muri rusange, iki cyorezo kimaze kuhagaragara inshuro 15 kuva iyi ndwara yamenyekana bwa mbere mu 1976.


