Amakuru akomeje guturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko umutwe wa M23 wataye muri yombi Erik Prince usanzwe ari umuyobozi w’umutwe w’abacanshuro wa Blackwater wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Bivugwa ko uyu mugabo yafatiwe mu mujyi wa Uvira muri iki cyumweru.
Ubwo ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryasubiraga mu mujyi wa Uvira nyuma y’uko M23 yari imaze kuwuvamo mu kwezi gushize, abacanshuro Erik Prince abereye umuyobozi bari mu bajyanye na ryo muri uriya mujyi, ndetse amakuru avuga ko bamaze igihe bagaragara mu mirwano ikomeje kubera mu misozi miremire.
Amakuru avuga ko uyu mugabo yafatiwe muri hoteli y’ahazwi nko kwa Muchepe, afatanwa n’abasirikare bamurindaga mbere yo kujyanwa ahantu hatazwi.
Kugeza ubu AFC/M23 ntiyemeza cyangwa ngo ihakane amakuru y’ifatwa rya Erik Prince.
Umuvugizi wungirije w’uyu mutwe, Dr. Oscar Balinda, ku wa Gatanu ubwo yabazwaga n’abanyamakuru niba koko uriya mugabo baramufashe, yasubije ko “umuvugizi wa gisirikare, Lt. Col. Willy Ngoma ni we uri bubibasubize, kuko [abacanshuro] ni we ujya abaherekeza.”


