Ethiopia ishinja Misiri gutera inkunga imyigaragambyo imaze kugwamo abarenga 80

Leta ya Ethiopia yongeye kwikoma igihugu cya Misiri ivuga ko ari cyo kiri inyuma y’imyigaragambyo imaze igihe iyogoza iki gihugu.

Inkuru ya Daily nation ivuga ko Misiri iri yafashije abigaragambya guteza akavuyo mu migi itandukanye ya Ethiopia, ibintu byatumbye ibikorwa byinshi by’ubucuruzi bifunga imiryango.

Ethiopia ubusanzwe imaze igihe kinini idacana uwaka n’igihugu cya Misiri. Aya makimbirambirane yadutse biturutse ku iyukwa ry’urugomero ruruta izindi muri Afurika rwiswe Grand Renaissance ruri kubakwa ku ruzi rwa Nile.

Leta ya Misiri ivuga ko uru rugomero ruzagira ingaruka ku buzima bw’abaturage bayo, ubusanzwe batunzwe n’imirimo ikomoka kuri uru ruzi.

Imyigaragambyo muri Ethiopia yasembuwe n’urupfu rw’umuhanzi w’icyamamare, Hachalu Hundessa uherutse kurasirwa muri Oromo yitaba Imana. Umuhango wo kumushyingura wabereye mu gace ka Ombo gaherereye mu burengerazuba bw’umurwa mukuru Addis Ababa. 

Nyuma y’urupfu rw’uyu muririmbyi, abantu ibihumbi bigabije imihanda yose ya Ethiopia batangira imyigaragambyo. Abamaze kugwamo bagera kuri 89, biganjemo abigaragambya n’abapolisi ba Ethiopia.

Ethiopia yo ivuga ko imyigaragambyo ishyigikiwe na Misiri n’abandi bafite izindi yungu babona muri ibi birimo kubera muri Ethiopia.Leta ya Misiri ntacyo iratangaza kubyo isshinjwa na Ethiopia.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *