EU iri gutegura ibihano ku biganjemo abofisiye ba FARDC

Komisiyo y’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU) irateganya gufatira ibihano abasirikare n’abarwanyi batandukanye muri Repubulika ya demukarasi ya Congo biganjemo abo mu ngabo z’iki gihugu.

Ikinyamakuru Africa Intelligence gisobanura ko iyi gahunda iri gutegurwa nyuma y’ubusabe bw’ibihugu bitandukanye bigize EU birimo: u Buholandi, u Bubiligi n’u Budage, byashingiye kuri raporo y’Umuryango w’Abibumbye yasohotse mu kwezi gushize.

Amazina y’aba basirikare ba RDC ntabwo arashyirwa ahagaragara, ariko ikimaze kumenyekana ni uko ibihano bazafatirwa bifite aho bahuriye n’intambara y’ingabo za Leta n’umutwe witwaje intwaro wa M23, yinjiyemo indi mitwe myinshi nka: FDLR, Nyatura na za Mai Mai.

Iki kinyamakuru kivuga ko ariko ku ruhande rw’u Rwanda rushinjwa gufasha M23 muri iyi ntambara, ofisiye warwo ushobora gufatirwa ibihano yamenyekanye. Uyu ni Captain Niragire Jean Pierre alias ‘Gasasira’ ngo “uyoboye ingabo kabuhariwe z’u Rwanda ziri muri Kivu y’Amajyaruguru kuva muri Gicurasi 2022.”

Biravugwa ko gahunda yo gutegura ibi bihano iri kuganirwaho kuva mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Nyakanga 2023, kandi bikaba bikorwa n’ishami rya komisiyo ya EU rishinzwe ibikorwa byo ku mugabane wa Afurika.

Urutonde rw’abafatirwa ibihano rufitwe muri iri shami rizwi nka COAFR, kandi ngo urwego rwa EU rushinzwe ibikorwa byo hanze y’Uburayi ‘SEAE’ rwararushimye. Gusa ngo hari ibihugu bike bitarushyigikiye birimo u Bufaransa.

Ibi bihano bizakurikira ibyo komisiyo ya EU yafatiye abarimo Ruvugayimikore Protogène alias ‘Colonel Ruhinda’ ukuriye umutwe kabuhariwe w’abarwanyi ba FDLR, Major Willy Ngoma uvugira abarwanyi ba M23 na Colonel Nganzo Olikwa wo mu ngabo za RDC, mu Kuboza 2022.

Soma n’iyi https://bwiza.com/?Maj-Ngoma-wa-M23-na-Col-Ruhinda-wa-FDLR-mu-bafatiwe-ibihano-na-EU

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *