Ikipe ya Everton yo mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza (Premier League), kuri uyu wa Kane yatangaje ko ko itsinda rya Friedkin Group ryo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ryasoje kugura imigabane y’iyi kipe.
Imigabane yaguze ni 98.8%, bikaba byatumye Everton iba ikipe ya 10 muri Premier League ifite ba nyirayo b’Abanyamerika.
Iyi kipe yatangaje ko yeguriwe Roundhouse Capital Holdings Limited, ikigo kiri muri Friedkin Group, nyuma yo kubona uburenganzira bw’inzego zireberera imikino n’imari zirimo Premier League, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza (FA), n’Ikigo gishinzwe kugenzura imicungire y’imari (FCA).
Friedkin Group ni itsinda ryo muri Texas riyobowe na Dan Friedkin, umuherwe ufite umutungo ungana na miliyari £6.16, nk’uko Forbes ibitangaza. Uyu mugabo anafite ikipe ya Roma yo mu Butaliyani, ikina muri Serie A. BBC ivuga ko amasezerano yo kugura Everton agera ku gaciro karenze miliyoni £400 ($506 miliyoni).
Everton ni imwe mu makipe afite amateka akomeye mu Bwongereza, n’ibikombe icyenda bya shampiyona yegukanye. Gusa, igikombe cya nyuma cya shampiyona batsindiye cyari mu mwaka wa 1986/87.
Ikipe imaze imyaka 70 ikina mu Cyiciro cya Mbere, ariko mu myaka ya vuba ishobora kumanuka mu Cyiciro cya Kabiri kubera ibibazo by’imari no kwitwara nabi mu kibuga. Kuri ubu, Everton iri ku mwanya wa 16 muri shampiyona, ikarusha amanota atatu gusa amakipe ari mu murongo utukura.
Everton yahuye n’ibihombo bikomeye mu myaka ya vuba, aho hagati ya 2019 na 2023 yagaragaje igihombo cya miliyoni £400. Kuva mu mezi 13 ashize, ikipe yahanwe inshuro ebyiri kubera kudakurikiza amategeko ya Premier League ajyanye n’imyitwarire n’imicungire y’imari, aho yambuwe amanota umunani mu mwaka ushize w’imikino.
Farhad Moshiri, umuherwe w’Umunyaburayi ufite inkomoko muri Irani, yari nyiri Everton mbere yo kuyigurisha. Yatangiye kugura imigabane yayo mu 2016, ayongera mu 2022 igera kuri 94.1%.
Nubwo Everton ikomeje guhura n’ibibazo, igiye kurangiza kubaka sitade nshya izasimbura Goodison Park, aho yakiriraga kuva mu 1892. Ba nyiri iyi kipe bashya bavuga ko bafite intego yo gukosora amakosa y’imari, kuzamura urwego rw’ikipe, no kuyishyira ku murongo mushya w’iterambere.


