IMG-20241217-WA0020

FA yahagaritse Mudryk wa Chelsea

Rutahizamu wa Chelsea, Mykhailo Mudryk, yahagaritswe by’agateganyo n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza (FA) nyuma yo gutsindwa ikizamini cy’imiti itemewe.

Uyu mukinnyi w’imyaka 23, ukomoka muri Ukraine, ashobora guhanishwa guhagarikwa kugeza ku myaka ine mu gihe yaba ahamijwe gukoresha imiti itemewe nk’uko amategeko ya FA abiteganya.

FA yatangaje ko Mudryk yamenyeshejwe ibyavuye mu kizamini cy’imiti cyakorewe ku mukino, aho ibisubizo byagaragaje ibinyabutabire bitemewe mu maraso. Nyuma y’ibi, yahise ahagarikwa by’agateganyo kandi ahabwa amahirwe yo gutanga ibisobanuro ku byavuye mu bizamini.

Chelsea yasohoye itangazo ivuga ko Mudryk yemeza ko “atigeze akoresha imiti itemewe.” Iri tangazo rigira ati: “Ikipe ya Chelsea irashaka gutangaza ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru riherutse kuvugana n’umukinnyi wacu Mykhailo Mudryk ku birebana n’ibisubizo bidasanzwe byagaragaye mu kizamini gisanzwe cy’inkari. Mykhailo yemeje ko atigeze akoresha imiti itemewe. Ubu, ikipe hamwe na Mykhailo turakorana n’inzego zibishinzwe kugira ngo tumenye impamvu y’ibi bisubizo.”

Mudryk nawe yasohoye itangazo avuga ko ibi ari ibintu byamutunguye cyane. Yagize ati: “Ibi ni ibintu byantunguye cyane kuko ntigeze nkora ikosa ryo gukoresha imiti itemewe cyangwa ngo ndenge ku mategeko. Nzi neza ko nta kibi nakoze kandi ndacyafite icyizere cyo kongera gusubira mu kibuga vuba. Ubu ndi gukorana n’ikipe yanjye kugira ngo menye uko ibi byabaye.”

Mudryk, waguzwe na Chelsea muri Mutarama 2023 avuye muri Shakhtar Donetsk ku kayabo ka miliyoni £88.5, yari amaze iminsi adakina, umutoza Enzo Maresca akaba yari yatangaje ko ari indwara imubuza kugaragara mu kibuga. Mudryk yaherukaga gukina mu mukino wa Europa Conference League, Chelsea yatsinzemo Heidenhem ibitego 2-0 ku itariki ya 28 Ugushyingo.

Amategeko ya FA ateganya ko umukinnyi wagaragayeho ibinyabutabire bitemewe ahagarikwa by’agateganyo kugeza igihe iperereza rirangiye. Mudryk afite amahirwe yo gutanga ibisobanuro no kugaragaza niba atarigeze akoresha iyi miti.

FA ikomeje iperereza kuri iki kibazo, mu gihe Chelsea nayo yatangije iperereza ryayo bwite. Mu gihe Mudryk yaba ahamijwe gukoresha imiti itemewe, ashobora guhanishwa guhagarikwa igihe kirekire, bikaba byagira ingaruka ku mikinire y’ikipe.

Ikipe ya Chelsea yavuze ko itazongera kugira ikindi itangaza kugeza igihe iperereza rizaba rirangiye.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *