68887

FARDC irashinja M23 kwica abasivili muri Walungu

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) cyashinje ihuriro rya AFC / M23 kuba ngo ku Cyumweru, itariki ya 22 Kamena 2025, ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba ryarishe abasivili 17 mu Mudugudu wa Munzinzi, muri Sheferi ya Ngweshe, Teritwari ya Walungu, muri Kivu y’Amajyepfo.

 

FARDC mu itangazo rya yo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, itariki 23 Kamena 2025, yongeyeho ko amazu menshi nayo yatwitswe, kandi abaturage b’abasivili batewe ubwoba bahatiwe guhungira mu birindiro bya gisirikare byegeranye.

Itangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi wa FARDC, Gen. Sylvain Ekenge, rigira riti: “Ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo ziramagana ubu bwicanyi kandi zirasaba abaturage kuba maso”.

 

Nk’uko bitangazwa n’Igisirikare cya FARDC, ngo abaturage bashinjwa n’umwanzi (AFC/M23) gukorana n’ingabo z’igihugu ndetse na Wazalendo.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, amakuru atangazwa n’uruhande rwegereye leta avuga ko imirwano ikaze yabereye Bukavu, aho FARDC ishinja AFC/M23 gutera ibirindiro byayo.

Itangazo rya FARDC ryasohotse nyuma y’umunsi umwe AFC/M33 isohoye itangazo ryamagana poropagande zigamije kuyisebya ahubwo ishinja uruhande rwa Guverinoma ya Kinshasa gukorera abaturage ibyaha ndengakamere birimo no kurya abantu kandi bigakorerwa ku karubanda.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *