Umutwe wa M23 n’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bakomeje gushinjanya ubushotoranyi no guteguzanya kurasana, mu gihe intambara ikomeye hagati y’impande zombi ikomeje gututumba.
FARDC ku wa Kabiri tariki ya 12 Nyakanga biciye mu muvugizi wayo, Général-Major Sylvain Ekenge, yashinje ingabo za M23 kuba zikomeje kugaba ibitero ku birindiro byayo biherereye mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.
Ati: “Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zitanze umugabo ku banyagihugu n’amahanga ku myitwarire ya M23 yo gushyira imbere intambara, ndetse n’ibitero bitandukanye iri huriro ryagabye ku birindiro byazo muri Kivu y’Amajyaruguru ndetse n’iy’Amajyepfo.”
Ekenge mu itangazo yasohoye kandi yavuze ko M23 ikomeje “kwica abasivile batagira kirengera muri Kivu y’Amajyaruguru, by’umwihariko Abahutu”; ibyo yagaragaje nk’ibinyuranyije n’amasezerano y’amahoro ya Washington n’amahame y’ibanze aganisha ku guhagarika intambara Kinshasa na AFC/M23 bashyiriyeho umukono i Doha muri Nyakanga uyu mwaka.
FARDC yateguje ko n’ubwo ikomeje kubahiriza gahunda ya Guverinoma ya RDC mu bijyanye n’inzira z’amahoro za Doha na Washington, ifite “uburenganzira bwo gusubiza mu buryo bukwiye ku bushotoranyi ubwo ari bwo bwose bwa ririya huriro rimenyereye kwica amasezerano n’ibyo riba ryiyemeje.”
FARDC yateguje ko ishobora gusubiza ibitero M23 iri kuyigabaho, mu gihe uyu mutwe na wo umaze iminsi utanga impuruza ku kuba Ingabo za Leta zikomeje koherezwa mu bice bitandukanye ku bwinshi, ari na ko zigaba ibitero mu duce dutuwe n’abaturage benshi.
M23 biciye mu muvugizi wayo, Lawrence Kanyuka, ku wa Kabiri yavuze ko ibikomeje gukorwa n'”ubutegetsi butemewe bwa Kinshasa” bigize kwica ibyo impande zombi zemeranyijeho mu rwego rwo gukemura amakimbirane zifitanye mu mahoro.
Kanyuka yavuze ko Kinshasa “ikomeje kohereza [mu duce dutandukanye] ingabo ku bwinshi, ubushotoranyi ndetse n’ibitero.”
Yavuze ko nko mu mujyi wa Uvira wo muri Kivu y’Amajyepfo Kinshasa yamaze kuhohereza abarwanyi b’umutwe wa FDLR, Maï-Maï n’Imbonerakure zaturutse Hewabola, Kindu, Kilembe, Bwimbi na Bujumbura.
Ni na ko ngo bimeze muri Walikale aho Leta ikomeje kohereza ku bwinshi ingabo n’intwaro ziremereye zituruka i Kisangani cyo kimwe no mu mujyi wa Beni.
Kimwe na FARDC, M23 na yo yavuze ko “itanzeho umugabo umuryango mpuzamahanga, kandi ifite uburenganzira bwo kurinda abaturage b’abasivile ndetse no gukemurira ikibazo aho gituruka.”
Guterana amagambo kw’impande zombi kurakurikira imirwano ikomeye kuva mu cyumweru gishize iri kubera muri Teritwari zitandukanye za Kivu y’Amajyepfo; aho mu mpera z’icyumweru gishize M23 yigaruriye uduce dutandukanye.


