Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kuri uyu wa Gatandatu zagabye ibitero mu gace ka Mushaki ko muri Teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Mushaki ni Centre iherereye mu bilometero bibarirwa muri 20 uvuye mu mujyi wa Sake.
Muri Gashyantare 2023 ni bwo M23 yafashe iriya Centre ariko iza kuyivamo ubwo ingabo za EACRF zari ziri mu burasirazuba bwa Congo, yongera kuyigarurira mu Ukuboza 2023 ubwo yayirukanagamo abarimo ingabo z’u Burundi na FARDC.
Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu ingabo za Leta ya RDC zagabye ibitero i Mushaki zikoresheje za drone.
Amashusho Kanyuka yashyize ku rubuga rwe rwa X agaragaramo inzu z’abaturage zasenywe n’ibitero, ndetse yavuze ko “ibitero by’ubugome” bikomeje kugabwa n’ingabo za Leta byica ndetse bikanaca igikuba mu baturage b’abasivile.
Yunzemo ati: “Mu gihe amaraso y’abasivili b’Abanye-Congo akomeje kumeneka, abamenyereye kwigisha abandi ibijyanye n’uburenganzira bwa muntu bahisemo guceceka mu buryo buteye isoni kandi burakaje, bikaba byongeye kugaragaza uburyarya bukabije no kubogama mu maso y’ibyaha bikomeje gukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa.”
Yashimangiye ko amaraso y’abanye-Congo akomeje kumenwa atazigera arenzwa ingohe cyangwa ngo acecekwe.
Usibye i Mushaki no mu nkengero zaho, ibitero by’ingabo za Leta ya RDC kuri uyu wa Gatandatu byanagabwe mu gace ka Gakenke mu Minembwe.
Ni ibitero byiciwemo abantu 12 abandi umunani barakomereka.


