screenshot_2024-06-30_102840.jpg

FARDC yahakanye amakuru avuga ko Gen. Chicko yahizwe bukware n’abaturage

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) cyahakanye ku mugaragaro amakuru cyita ibinyoma kandi agamije kuyobya ari kuvugwa kuri Gen. Major Chicko Tshitambwe, Komanda w’ingabo ku rugamba rw’amajyaruguru.

Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Gatandatu hagaragaye amashusho yavaga i Butembo, aho byavugwaga ko abaturage barimo guhiga Gen. Chicko muri hotel bakekaga ko acumbitsemo ngo bamusabe ibisobanuro nyuma y’ifatwa rya Kanyabayonga.

Umuvugizi wa FARDC muri front nord, Lieutenant Mbuyi Reagan, avuga ko inkuru zimwe na zimwe “z’ibinyoma” kandi “zijijisha” zasohotse mu bitangazamakuru byo kuri interineti zerekeye ibihuha bikwirakwizwa ku kuba Komanda wabo ari i Butembo nta shingiro zifite.

screenshot_2024-06-30_102840.jpg

Igisirikare cyamaganye byimazeyo aya makuru “abeshya” yerekeranye no kuba Komanda wacyo ari i Butembo. Cyemeza ko ibyo ari ibintu byahimbwe n’abanzi b’amahoro ku bijyanye n’ibikorwa bikorerwa muri kariya gace k’iburasirazuba bw’igihugu.

Lieutenant Mbuyi yagize ati: “Kugeza ubu, Komanda w’Amajyaruguru ararwana ku rugamba n’ingabo ze kugira ngo bashimangire ibirindiro byabo i Kirumba no gushimangira ibya Kaseyi na Alimbongo.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *