Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyemeje ko umusirikare wacyo yarashwe mu cyico na RDF na ho bagenzi be babiri barafatwa, nyuma yo kwambuka bakisanga mu Rwanda.
FARDC yemeje ayo makuru mu itangazo ryasohowe n’Umuvugizi wayo, Général-Major Sylvain Ekenge.
Yavuze ko ku wa Kabiri tariki ya 16 Mutarama mu ma saa yine z’ijoro bariya abo basirikare bari barinze umupaka, “baza kwibeshya bisanga ku butaka bw’u Rwanda. Umwe yarishwe, abandi babiri bafatwa n’Ingabo z’u Rwanda RDF.”
Byabereye mu murenge wa Rubavu w’akarere ka Rubavu.
Abafashwe nk’uko FARDC ibyemeza ni uwitwa Assumani Mupenda na Bokuli Lote bombi bafite ipeti rya Soldat de 2ème classe, mu gihe uwarashwe mu cyico ari uwitwa Anyasaka Nkoy Lucien (uyu RDF ivuga ko ari umwe mu bo yafashe).
FARDC yavuze ko “kuba hari abasirikare bayoba cyangwa bagafatirwa ku butaka bw’u Rwanda na RDC bisanzwe bibaho cyane.”
Yavuze kandi ko iyo bibayeho hitabazwa Urwego rw’Akarere rushinzwe kugenzura imipaka y’ibihugu (EJVM) kugira ngo abasirikare bayobye basubizwe iwabo.
FARDC kandi yavuze ko yababajwe no kuba umwe mu basirikare bayo barashwe.
Iti: “Ku bw’ibyago, Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zibabajwe n’igikorwa cyo kwica umusirikare wazo. Uyu yari yambutse umupaka atabigambiriye.”
Yunzemo ko EJVM yamaze kwitabazwa kugira ngo ifashe RDC gucyura umurambo w’umusirikare wayo warashwe ndetse n’abafashwe.



