Amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyaruguru aravuga ko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyitabaje indege z’intambara za Sukhoi-25 mu kugaba ibitero kuri M23.
Ni nyuma y’imirwano ikomeye ikomeje gusakiranya impande zombi mu bice bigize Teritwari za Rutshuru, Masisi na Nyiragongo.
Imirwano ikomeye by’umwihariko yabereye i Kibumba ho muri Teritwari ya Nyiragongo.
Ni imirwano bivugwa ko Ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya RDC ryatakarijemo ingabo nyinshi, ibyatumye FARDC yitabaza Sukhoi-25 ngo zihe umusada ingabo zayo zirwanira ku butaka.
M23 mu matangazo yagiye asohorwa n’abayobozi bakuru bayo yashinje FARDC n’abo bakorana barimo abacancuro na FDLR kurasa mu duce dusanzwe dutuwe n’abaturage benshi.
Yavuze ko abasirikare bayo bari gukora ibishoboka byose kugira ngo barinde abaturage.
FARDC biciye muri Lt Col Guillaume-Ndjike Kaiko uyivugira muri Kivu y’Amajyaruguru yo yashinje M23 kugaba igitero ku birindiro byayo biri muri Parike ya Virunga.
Yunzemo ko “ingamba zose zishoboka zafashwe na FARDC” mu rwego rwo gusubiza biriya bitero.


